28/11/2025
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, Madamu Angelina MUGANZA yahuguye abayobozi bashya mu Rusizidistrict ku myitwarire mbonezamurimo, abasaba gushyira mu ngiro ibyo bahuguweho banoza imicungire y'abakozi kandi nabo bakaba intangarugero mu myitwarire.
27/11/2025
Uyu munsi intumwa za Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, zagiranye ibiganiro n'abanyeshuri ba Rwanda Polytechnic Karong, bijyanye n'uburyo akazi gashakwa mu Nzego za Leta ndetse n'imyitwarire iranga Abakozi ba Leta. (professional ethics at work place). Ni igikorwa cyari kiyobowe n'Umuyobozi wishamiri rishinzwe imicungire y'Abakozi ba Leta Bwana NKURUNZIZA Fernand hagamijwe kwigisha no kumenyekanisha amategeko agenga imicungire y'Abakozi ba Leta.
26/11/2025
Intumwa za Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta , zirangajwe imbere n'umukozi ushinzwe imicungire y'Abakozi ba Leta n'iyubahirizwa ry'amategeko, Bwana NSHIMIYIMANA Amiel ziri mu butumwa bw'akazi aho ziri gukurikirana ubujurire bujyanye n'imicungire y'abakozi mu Turere twa , Ngoma District , na , hashingiwe ku bwagejejwe muri Komisiyo. Iyi ikaba ari imwe mu nshingano za Komisiyo, aho isanga abayijuririye nk'urwego rwa Kabiri, hagamijwe kumenya ukuri mu buryo bwimbitse n'impamvu zateye kujurira ku mukozi.
12/11/2025
Perezida w'Agateganyo w'Inama y'Abakomiseri wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta Bwana , ari kugirana inama ihuriweho n'Imitwe yombi y'Inteko Ishinga Amategeko Rwanda Parliament anagaragaza raporo y'ibikorwa byayo by'umwaka wa 2024/2025 na gahunda y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka wa 2025/2026, yiga ku micungire y'Abakozi ba Leta harebwa uko bashakwa n'uko bacungwa.
11/11/2025
Uyu mwanya Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta, Madamu Angelina MUGANZA ayoboye Inama ngarukamwaka yiga ku micungire y'Abakozi ba Leta, ikaba yitabiriwe n'abashinzwe imicungire y'abakozi mu Ntara ya Northern Province, Rwanda ,ikaba iri kuba hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga rya WebEx. Muri iyi nama Umukozi ushinzwe Imicungire y'abakozi n'iyubahirizwa ry'amategeko mme Christine, yagaragaje ishusho rusange ku micungire y'abakozi muri iyo Ntara uko ihagaze, harebwa uko bashakwa n'uko bacungwa niba bikorwa mu buryo bwubahirije amategeko.
21/10/2025
Uyu mwanya intumwa ziyobowe n'Umunyambanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta Madamu Angelina MUGANZA, ziri gutanga amahugurwa ku bayobozi bashya muri Rwanda Utilities Regulatory Authority - RURA ku imicungire y'abakozi n'imyitwarire mbonezamurimo no gukora kinyamwuga. Aya mahugurwa agamijwe kwigisha no kumenyekanisha amategeko agenga abakozi ba Leta.
17/10/2025
Today, the Executive Secretary of National Public Service Commission Hon. Angelina MUGANZA received a delegation from Republic of Ghana, headed by Ms. Madame Aba Baiden, Senior Human Resource Officer / Parliament of Ghana who are in Rwanda for a visit. The interactions focused on the work of Public Service Commission (its vision, mission and stakeholders engagement) and the National Public Service Commission's role in overseeing public institution on human resources, policies, principles and Laws.
16/10/2025
Ku wa 15 Ukwakira 2025, ku cyicaro cya habereye Inama Nyunguranabitekerezo ihuza Ubuyobozi bwa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abakozi ba Leta n'ubwa Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo yiga kuri raporo y'ibikorwa bya Komisiyo by'umwaka wa 2024-2025 na gahunda y'ibikorwa by'umwaka wa 2025-2026, hagamijwe kurebera hamwe ibyakozwe n'ibyagezweho bijyanye n'imicungire y'abakozi.