24/01/2025
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Mutarama 2025, Perezida wa Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu, Madamu UMURUNGI Providence, afatanyije n'Ubuyobozi bw'Akarere ka Rubavu n'Umuyobozi w'agateganyo w'Ikigo cy'Igihugu cy'Ingoboka, bashyikirije abaturage inka 4 bari baremerewe na Komisiyo ubwo yiteguraga kwizihiza Isabukuru y'Itangazo Mpuzamahanga ry'Uburenganzira bwa Muntu ku nshuro ya 76, n'imyaka 25 Komisiyo imaze iteza imbere ikanarengera uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.
Ni igikorwa cyabereye ku Murenge wa Kanzenze, mu Karere ka Rubavu, kikaba kiri mu rwego rwo guteza imbere uburenganzira ku mibereho myiza y'abaturage.
24/12/2024
Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yifurije Abaturarwanda bose kuzagira iminsi mikuru myiza bubahiriza uburenganzira bwabo kandi bakumira icyatuma uburenganzira bwa muntu buhohoterwa.
10/12/2024
Uyu munsi tariki ya 10.12.2024, Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu yifatanyaije n'abafatanyabikorwa batandukanye ku kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w'Uburenganzira bwa Muntu, wahuriranye no kwizihiza isabukuru y'imyaka 25 Komisiyo imaze ihawe inshingano zo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu mu Rwanda.
30/09/2024
Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu iraritse abaturage bo mu Turere twa Gatsibo, Huye, Rulindo na Rusizi, kuzaza ari benshi muri gahunda y'ubukangurambaga ku burenganzira bwa muntu no kwakira mu ruhame ibirego by'ihungabanywa ry'uburenganzira bwa muntu igaragara muri iri tangazo.